Saturday, August 26, 2017

Amarira ya Mabukwe






































Umuvugo: Amarira ya Mabukwe

Nyobotse inganzo
Nyobye ingamba ahari!
Mbonye aho mpera
Ahari iyi niyo mperuka!
5.Mumpuririze naziwe

Ndikabakaba nkibura
Amarira arandera
Aka ni akaga
Ndi mu gahinda sinahiriwe
10.Ndi mu kababaro nituriye mu kabande.

Iwacu i Rwanda
Sinahaburiye byose!
Nahaboneye byinshi
Nahaburiye Mama
15.Gusa nahaboneye mabukwe.

Namukundiye umukobwa
Aca bugufi turacudika
Ancira incuro
Ambuza kuba incike
20.Amfata nk’umwana.

Gusa icyo atamenye
Ni kimwe ntamennye
Nirya banga
Naburiye ibango
25.Nabangiye ingata rikangarika.

Ahari bambe
Uko abirindura indoro
Andora mu birori
Nambaye nk’ingeri
30.Nivuga imyato aranshima!?

Atazi ko ndi mu kato
Mu bwato buzira imiteto.
Uwamuha amafoto
Yaturika akarira
35.Amarira ya mabukwe

Yangana inyanja
Avunguriwe ko bamvangura
Umukobwa we
Atanyikoza ntamunoza
40.Nsa nk’ubusa kuri we.

Mabukwe nyabusa
Nako mawe!!
Kuko Gaa si nkir’ umukwe
Ntibishoboka  gaa  ntibigikunze
45.Bangaye umubyimba ngo ntamubyibuho !!

Nakaguhaye ikamba
Rigahamya ubuhangange bwawe
Rigashimangira ko ushoboye
 Ko wabyaye nyamusaninyange
50.Nyamuseka zigashoka.

Ntibishoboka shenge
Nakunze utankwiye
Uwakunzwe rugikubita
Agateteshwa bitangaje
55.Ayanjye nayaterura,

Natangira kumutomora
Akabifata nk’ibitabapfu.
Mabukwe mwiza
Narashize ndi ubushwange
60.Narashengabaye ndi ubushire

Narahinze birahomba
Sinkwiye imbabazi
Nateye nta butasi
Nicyo gituma
Nsuherewe ntagusiba
65.Nkaba nsaze nsimbuka.

Mbega  Isi!!
Mbega isayo!
Mbega iseseme !
Mbega isuri nisanzemo!
70.Mbega inzira inzonga

Ese aho umunsi
Witonze ukabitahura?
Ese uzabyakira
Ko njye bitankundira
75.Nihorera mu marira?

Umunsi wamenye neza
Akari mu nda y’ingoma
Nizi ngorane zinguguna
Uzambabarira se mbimenye?
80.Ariko se umva nanjye!!

Naho utambabarira
Uzambe hafi
Ahari ka kagwa
Kankiza aka kaga!!
85.Dore bambe mabukwe

Hari umunsi mubi
Nzakwikubita imbere
Ukimbona ukamburira imbabazi.
Hari igihe ntazi
90.Uzumva ibisa nk’amahomvu

Mawe mabukwe
Ntuzamfate nk’agakeca
Niburiye agaciro
Buri uko nicaye
95.Ndacira bikanga

Nkamira nkababara
Buri uko ndose
Undi imbere
Umbaza uko byaje
100.Ibyo gukunda ikinege cyawe.

Inzu iyo y’iwawe
Ivuga yabivuga
Ibika nakorwa n’isoni
Kuko niho honyine
105.Hari igitembo cy’amarira yanjye.

Icyo wita uruganiriro
Cyabaye nk’ikiyaga
Kimwe cy’amarira.
Ese umenye ko
110.Buri uko ugiye

Intero iba ntunkoreho?
Wankorera iki?
Wampeza se?
Buri uko nje
115.Nkijunjamira inyuma y’urugo?

Ndi mu gatereranzamba
Mu rugamba mbabazwamo
Gusa agatsinda!
Ubitsikamiwemo arazira agatsi
120.Ararira agahogora

Gusa nta kirengera
Nta n’ingemu,
Iwabo ku ivuko
Nsa nkuwahaciye ingando
125.Ndamujujubya buri joro.

Mawe mabukwe, sinagusaba imbabazi
Ndi intumva butwi!
Nitwikiriye cya cyizere
Nkuzubariza umwana
130.Gusa nanjye sinjye ahari ni umwaku.

Ibi byose by’umwanda
Byo gushaka ibidashoboka
Ngo umbere mabukwe
Waransezeranyije kuzandera
135.Humura ndabirambiwe

Ubu kandi ndabirangije
Reka ngende
Nipfumbate nipfire
Nubwo bwaki
140.N’ubworo bwo kutakubona

Bizanshengura ngashengabara
Igihe n’iki
Ngo ntange amahoro
Mweze amahore
145.Impundu zongere

zivuge mpore.
Mbe kana ka mawe
Si ukutagutinya gaa!!
Birya byose si ukukubahuka
Umbabarire mbeho
150.Umbikire imbabazi

Nagosoye ntaroye neza
Icyerekezo cy’umuyaga.
Icyaha ni gatozi
Ntuzabihore ababyishimiye
155.Batazi imvano yabyo

Amarira ya mabukwe
Azangana inyanja
Umunsi yamenye iby’inyambo ye!
Azarenga asendere
160.Inzuzi zose n’imigezi,

Umunsi namubwiye akari I Murori
Nkamubwira akasongoye ihwa
Ahari cya gikuta
Azakikubita imbere bahwane!!
165.Azumva ntawundi duhwanyije ubugome

Amarira ya mabukwe
Igitangaza I Rwanda
Umunsi isuri izarusura
Urungano rwa mabukwe
Rukamvugiriza induru
170.Bansabira ngo ndindire

Bamvuma ngo mveho.
Gusa uwo munsi
Nzashenguka nshire
Nsharire nshirire
175.Nibaze impamvu navutse.

Amarira ya mabukwe
Ni agahomamunwa babyeyi!!
Mawee mabukwe
Nawe Mana umenyera intaho
180.Gira untirure ntarandavura

Ntarabona amarira yabanduta
Ngashinjwa ibyaha ntahamagaye.
Wowe mawe mwiza
Ukanambera mabukwe mu ntekerezo
185.Reka nanzure ngende

Nce iyi nzira
Gusa kuri wa munsi w’ibirori
Nibakwambika ikamba
Rihamya ko wabyaye umukobwa
Naba ndi ino cyangwa ntahari
190.Uzongorere uwo mukobwa

Uti’’ uzubakire urugo rwawe
Ku rukundo rungana rwarundi
Wa musizi wasaze yagukunze.
Ngaho mama mabukwe
195.Kabeho ukunzwe.

Reka gasizi nanjye
Ubusazi bwanjye
Nsubikire aha
Nisubirire ku isoko yanjye                   
200.Imwe y’amarira.

UMUSIZI TUYISENGE OLIVIER
UMWAKA NAHIMBYEMO UYU MUVUGO NI 2017










Wednesday, August 16, 2017

Amarira Nkaya


Nguwo Mukarubega Rosine natuye icyo gisigo







































Umuvugo: Amarira nkaya!!


Hari umunsi
Usumbya ububi icyaha!
Ugasumbya ububi icyasha!
Ugasumbya ububi icyena!!
5.Umunsi utera amarira nkaya

Hari umunsi w’icuraburindi
Ikirere kjimye
Ijuru ryijuse
Ijabo ryajumariwe
10.Ninayo nkomoko yiyi nkongi

Iyi inkwiriye uyu mubiri wose.
Ndoye hino
Nkarora hakuno
Mbura nyir’imisango
15.Ndasara ndasizora

Muvuga mu izina bidakwiye
Nti arihe Sekaganda Noseni?
Nti arihe Bazitete Adoziya?
Baramfata baramfubika
20.Nkibaza impamvu batari aha!

Ngo bafate impano
Bampere impamba n’impanuro
Umukobwa mwiza
Mukarubega Umukundwa
25.Azazibuke no mu busaza

Nuko nkiri muri ayo
Mbona Rubimburirangabo
Inkuba yesa
Arangannye aranganiriza
30.Ati witayanjwa batabarutse hambere.

Nkiri muri iyo
Numva ijwi ryiza
Risa nkirivugira kure
Mu bwami bw’ijuru
35.Riti “hafi yawe aho hari ibarwa

uyisome usubire
Untangire ubutumwa
Umbwirire Fifi
Ko twagiye tutamwanze
Bitakunze ko tugumana
40.Gusa urukumbuzi muri twe ruragurumana”.

Mukarubega maa!!
Uri umwete nitayeho
Dore wakuze wanakowe
Gusa urungano rwawe
45.Rurakurora rwakomerewe

Ruribaza ikibi cyaguteye
Kikagutera guhitamo
Kubata mu bitaramo
Ukaba wigendeye
50.Iyo batazi

Mbe maa!!!
Nyoko yari inyamibwa
Asa n’inyambo
Yashinyirije agushaka
55.Umuvuna uvuka

Nonese bambe!
Ko ndora wasaze wasizoye
Aho kwa nyina w’undi
Uzaharara ntuzirara
60.Ukibagirwa ko nyina wundi ataba nyoko?

Ese ibyivugo bya Gashumba
Musaza wawe
Umwe uberwa n’ibisage
Ntibikikunyura maa?
65.Wabigaramye wahakanye?

Ariko abana bubu yee!!
Nkubana Ngarambe uwo niwe ugukuye
Aho wavukiye
Ukahamenyera kuvuga?
70.Ukahivurugutira mu ivumbi!?

Aho ntunyurwa manuma maa?
Gusa wagenda wagira
Uzibuke rwa rwenya rw’ino
Unyaruke dutarame
75.Dore nubundi ugiye ntawe ugutumye

Umusaza ukubyara
Yampaye aka kabarwa
Reka ngasome
Nkureke nawe wisomere
80.Uwo waturushije twese.

Ndarora undora nabi
Utanantuka ndabona udaseka!
Gusa wifunga isura
Igitego cyawe sinagitutse
85.Nakari kandimo maa!!

Ya barwa ya So
Nayisomye nyisukamo amarira
Gusa reka nawe ngucire
Ku mayange.
90.Yateruye ati!!

"Hobe kana kanjye
Duherukana burya
Mu mirabyo n’inkuba
Mu marira n’imirambo
95.Mu gihugu kibi

Cyari cyuzuye ibizira
Ubuzima bw’abazima
Buzima buri joro n’amanywa!
Amata atagira gitereka!
100.Umututsi atagira gitura!!

Gusa bambe
Nurira ntumpore kuba gitera
Umpore ikibintera.
Nabonye ubutumwa
105.Bwuko wakuze wanakowe

Ibyishimbo biransaba
Gusa ishavu rwo gashira
Rirampubuza rimpamya mu gihumbi
Rinyibutsa ko ntahari
110.Ngo unyambike rya kamba

Gusa dore nyoko weee
Yarize yahogoye
Nahojeje yanze
Gusa arantumye ngo
115.Ka gaseke kamwe kakabaye ake

Ugahe uwo gakwiye
Gusa ahubwo we reka
Akwihere akakugomba
Nyoko yantumye ngo
Umugabo ni umugaba
120.Nagukora ntuzikanyaze

Dore yagukoye
Nagusaba ibisusa
Ntuzamuhe isogi
Nafunga isura
Uzahore uri nk’isugi
125.Imbere y’amaso ye!!

Uzamusasire ya sano mudasangiye
Umusegure ya nseko
Umurinde inzara n’inzingo
Azakubera inzozi nziza iteka
130.Nta marira nkaya

Uzamukinge icyibi
Umukurikize icyubahiro
Azakubera icyuzuzo
Kimwe kizakwizihira
135.Kugeza mu gusaza kwanyu

Kandi ngo yagusize nk’akanyange
Uramenye ntuzatege nk’akanyenzi
Ibya nyoko nibyo.
Gusa iyi baruwa yanjye
Reka nyisoze
140.Nsaba Ngarambe

Uwo muhungu
w’amasoso nk’aya Musinga
azamenyere igikobwa
agikunde agikomereho
145.akimenyere inkanda ikannye neza

Ngiyi inkomoko y’amarira nkaya.
Mbe Rosine
Rubibi rubereye ibirori
Nawe Ngarambe
150. ruhanga rubereye ibisage

Iwanyu hazazire ibizira
Guhangana bibe kirazira
Iwanyu amata azahore avuna imitozo
Kirazira gucunda murigata inzindaro
155.Kandi Mukarubega

Indoro izahore ariyo
Ujye ucunda
Nucutsa woze ibisabo
160.Niyo mitsindo y’igisebo

Kandi nkwifurije
Kuzahorana ibyona n’ibyonona
Inabi izanambe
Ubukungu busagambe
165..Muzabyare hungu na kobwa

Gusa Fifi
Uko uzajya uryama
Ujye wigaya wiganyire
Wibuke ko Uwantege Blandine,Uwicyeza Juliette
170. Na Kayitarire Violette

Bene nyoko
Bazagukumbura bikomeye
Amarira akabatemba ku maso
Kuko ntibagishoboye kukubuza
Kujya iw’abandi!

tuzagukumbura cyane
Ujye wibuka
Ko uwo musore uje ejo
Wamurutishije uwakurwajije
180.Akakurera ugakura

Ngaho Rosine
Baho bambe
Imbabazi zo ni ntazo
Gusa nkwifurije ishya n’ihirwe
Mu mirimo yawe mishya
185.Yo kurera no kurara wumva abarira.