Sunday, April 8, 2018

Inkovu ziracyavirirana







































 Umuvugo: Inkovu ziracyavirirana

Rwanda rwambyaye
Mpagaze kure
Muri ya misozi
Imwe yasizwe iheru heru
5.Ndoye ruguru

 Nibuka rwa rugamba
Rwagusaritse uruguma
Rukakwambura ingenzi
Numva ibikoba birankutse
10.Umutima urantorotse

Rwanda rwambyaye
Ese nzatire umutwe
Nguhimbire ibihozo?
Ko uwo nahoranye
15.Ubu ntawo

Wajanjaguwe n’ibikomere?
Mata 1994
Igihugu cyabaye igihuru
Igihango mu miryango
20.Kiratatirwa umututsi aratabwa

Yicwa nk’itungo
Atabwa ku gasi
Arashinyagurirwa bitavugwa
Amaraso ye
25.Asomya n’imisega

Imana nziza
Imwe y’u Rwanda
Yitahira itabajije
Bene u Rwanda
30.Tugira ngo yagaye indaro

Rwanda nkunda
Za nkovu ziracyavirirana
Amasura y’abasogoswe
Bwa buhiri n’imihini
35.Ya mihoro nabonye

bindara iteka mu nzozi
binzira buri joro
nabuze ihumure
natonganye no kugoyeka
40.nananiwe guceceka

aho bansogose bya bisongo
hahoramo imisonga,
aho bancumise rya cumu
hambuza kwicara
45.inkovu ziracyavirirana.

iyo nkwibutse Rwanda
ishavu riranganza
amarira akambanza
ngasa nusaze
50.nibutse iminsi

Interahamwe zitwambura ubumwe
Amazu yacu
Agahabwa inkongi
ya sano yacu
55.igasuhererwa igasiba isoko

mu ntimba intimbura
nibaza icyateye umunyarwanda
kwitera ntawa mutumye
akihekura imfura
60.agasigara ku gasi

aciriritse  yicuza.
Rwanda rwambyaye
Sinsibira namba
Gusurwa naya masura
65.Ya bya bibondo byawe

Byishwe urwagashinyaguro.
Mbe gihugu nkunda
Inkuru yanjye
Iteka isa n’ icumu
70.Uko nyitekereje

Iranterura ikancinya
Ikankora mu  nkovu
Ikava ubwo Ikavirirana,
 intimba ikamperana
75.Nkibaza ubusazi

Bwateye I Rwanda
Ngo umuntu yice
Uwa murwajije
Imyaka Magana
80.Akamurwanira ishyaka

Bakagabirana amashyo.
Mubyeyi wambyaye
Ntumpore uko undi
Mbabara cyane
85.Iyo mbonye Nyabarongo iriya

Nakwibuka ko yatembanye  iwacu
None habe n’agacu
Nababarizamo koko !
Inkovu zanjye
90.Zivirirana ubutarekera

Iyo nibutse umunsi
Ahakinaga imitavu
Hatambaga inkona
Inkongi irankongora
95.Ngashira numva

Rwanda mubyeyi,
Nabaye nk’igishushungwe
Ishusho y’ishavu
Yandemyemo igicumbi
100.Ndira ubudahagarara

Gusa uwampa umpoza
Nakwicara nkamubarira
Iby’inkovu zanjye
Ahari yenda
105.Yanjyana i Nyamagana

Nkahatura nkahaguma
Yenda nakira  uru ruguma.
Rwanda nkunda
Ndacyari inkomere
110.Urukumbuzi rurangurumanamo

Nkumbuye urungano
Nkumbuye iwacu
Nkumbuye babaziranenge.
Uzantumire bose
115.Ngo uzantangayo azantangire intashyo

Ambwirire bene u Rwanda
Ko mbakumbura cyane
Ijoro n’umunsi
Mbarota amanywa n’ijoro,
120.Gusa uwangeza mu ijuru

Ahari navurwa
Sinakongera kuvunywa
No kuvuga ko mbakumbuye
Nasubira ngaseka
125.Nkibagirwa rwa rwango

Rwakorewe inyoko Tusi
Bakagaburirwa tsese
Maze uwitsamuye
Bakamutsemba  urw’urubozo.
130.Ya majoro y’umwijima

Muri ya Mata
Imwe ya maraso
Yandemyemo inkongi
impora inkomoko ntihaye
135.ya mirabyo n’inkuba

byo muri Mata 1994
naya mvura nyamwinshi
naya myaka yeze
igasazira mu mirima
140.nkaho itagira banyirayo

za nduru z’abatangana
ya marira ya bene u Rwanda
bimpora imbere
nk’igicucucucu cyanjye
145N’ubu inkovu ziracyavirirana

Mata ntindi
Wandemyemo intimba
Nujya undora ndira
Ujye wishinja ibyaha
150.Dore ni wowe wangize incike

Rwanda rwanjye
Wabonye byinshi
Bakwambuye abawe
Mu itumba rya Mata
155.Wuzuye ibikomere.

Mbe Gihanga muhanga
Wowe wahanze u Rwanda
Umunsi utabaruka
Kazungu yazanye muzunga
160.Aducamo ibice

Bukeye turicana turacoca
Dupfa ubupfapfa
Nako ubusa
Kuko twese nabonaga dusa
165.Nizere ko wadusabiye kwa Nyagasani

Rwanda mubyeyi
Igihe ni iki
Ngo nikoranye icumu n’icondo
 Nshake  umuheto n’imyambi
170.Ndwanire urwambyaye

Amateka yanjye
Ni mabi bitavugwa ndabizi
Inkovu ziracyavirirana
Gusa nsanze ntawundi
175.Numwe wo kumvuza

Utari uwo tuva inda imwe.
Rwanda ndakuze urandora
None se
Abe ari njye ukudindiza
180.Ngukore mu nkovu ?

Ya majoro y’amaganya
Ni intimba amagana
Hinga mbyibuke
Ubundi mbyuke
185.Mbubakireho ejo hanjye

Rwanda rwiza
Irya miturirwa igutatse
Iyi yuzura ijoro n’amanywa
Ndayirora nkarira
190.Gusa nkarahira nkirenga

Nti ntawe uzayisenya
Ndaha mba nkubura
Iterambere rigutuye
Rituruka k’ubupfura
195.Nzaripfumbata ndibangire ingata

Ndyikorere cyane
Ndibwire bose.
Rwanda nkunda
Uri intwari byahamye
200.Umunsi bagutwika ugakongoka

Abawe tutakigoheka
Narakurebega kubw’akaga
Naroraga kakugarije
Ngahuga mboroga
205.Mbaza umuhisi n’umugenzi

Ahandi nzita iwacu
Kuko nabonaga wowe
Ubaye incike
Utanirerera n’incuke
210.Ngo uyibonere n’icumbi

None Rwanda
Dore uraganje
Ahari amatongo
Huzuye amataje
215.Ahakinaga inkongoro

Ubu harakina imitavu
Ahari ibihuru
Hatuye ibihunyira,
Ubu hari amashuri n’amamashini
220.Abawe bariga bakaminuza

Iyo mbonye imiturirwa
Imwe ikabakaba ijuru
Numva ntakwiye kujumarirwa
Ngo mperanwe n’ishavu
225.Kuko Rwanda urashoboye

Rwanda ngufitiye umwenda
Izi nkovu zivirirana
Nizi nguma zingundira
Sinzazemerera Ko zinsigarana
230. ngo nsare nsigare

Ahubwo izi nkovu
Uko zivirirana
Bizamviramo umuti ukuvura
Kuko bizatuma nshikama
235.Nshinyirize ngukorere

Maze ukomere
Ukire ibikomere
Rwanda rwambyaye.
Kuba nkuvuka
240.Si ipfunwe ngo mbipfukirane

Ni ikamba rikomeye
Reka mbikurane
Uko nibuka
Njye mpora naniyubaka
245.Maze uko undebye

Usingize icyo wambyariye
Munyarwanda ntiza amaboko
Twimure iby’amoko
Twimakaze Ubunyarwanda
250.Ingobyi twagabiwe.

Wowe ukigengwa
N’ingengabitekerezo ya Jenoside
Nturi imfura namba
Wanga u Rwanda
255.Urwifuriza ibifutamye.

Rwanda rwambyaye
Nzakubera umuvunyi
Nkuvure aho uvunitse
Nkuvuge aho ndi
260.Nkwambare ijoro n’amanywa

Nubwo inkovu zikivirirana
Urukumbuzi ku bacu
Rukiri rwose
Uzamvure tuvuzanye
265.Unkande dukomezanye

Unkunde dukorane
Unyubake nkubake
Nzakuvugira ibihozo
Nkuririmbire ihumure
270.Uhorane icyizere

Cyejo hazaza
Maze abo ubyaye
Bazabyiruke babyina
Ubumwe mu banyarwanda
275.N’iterambere rikomeye.

UMUSIZI TUYISENGE OLIVIER
MATA 2018