Umuvugo: Impumbya z'impuha
Reka nzure inzira
Nziture ya nzoga
Mpange iyi mpakanizi
Indaza ibigunda
5.Mu bigunira nigunze.
Nziture ya nzoga
Mpange iyi mpakanizi
Indaza ibigunda
5.Mu bigunira nigunze.
Hambere mbizi
Tukiri imbumbe
Imbamutima zigitinya gutinya
Mukabutindi Tunuri
10.Agitangatangiye I rutunga.
Tukiri imbumbe
Imbamutima zigitinya gutinya
Mukabutindi Tunuri
10.Agitangatangiye I rutunga.
Musaniwabo uriya
Abisi b'ibisunzu
Bise nyamusa n'inyange
Bakamushuka ubushongore
15.Bakamukiza agikikiwe
Abisi b'ibisunzu
Bise nyamusa n'inyange
Bakamushuka ubushongore
15.Bakamukiza agikikiwe
Kandi abatwaye imisozi
Gacu naza Rwabicuma.
Bakimwa n'igicuma
Bakabaciririkanya nk'igiciro
20.Bagahemba amagufa n'umufa
Gacu naza Rwabicuma.
Bakimwa n'igicuma
Bakabaciririkanya nk'igiciro
20.Bagahemba amagufa n'umufa
Woshye impigi
Nazo zitari impinirakure.
Impumbya z'impuha
Nizambawe n'impigi
25.Ngo zirongore Kabare
Nazo zitari impinirakure.
Impumbya z'impuha
Nizambawe n'impigi
25.Ngo zirongore Kabare
Kandi no ku bwa
Kalinda
Zarabanje kubunda ibigunda
Impundu z'impuha
Nizo batumye i Bugibwa
30.Zihasanze ubwandu
Zarabanje kubunda ibigunda
Impundu z'impuha
Nizo batumye i Bugibwa
30.Zihasanze ubwandu
Ziyoboka bwangu
Impundu z'impuha
Nta Rusimbi ni urusimba.
Inganzo yambereye ingabe
35.Umunsi nganza ingoroji
Impundu z'impuha
Nta Rusimbi ni urusimba.
Inganzo yambereye ingabe
35.Umunsi nganza ingoroji
Mukamutima kandi
atawutunga
Mwibukira mu mibukiro
Kandi akikiye umuriro
Ni urutaza Rugemintwaza
40.Yamuragije iyo mu mbere
Mwibukira mu mibukiro
Kandi akikiye umuriro
Ni urutaza Rugemintwaza
40.Yamuragije iyo mu mbere
Hazira akarasisi
k'imbeba.
Ihhii ndahakanye
Sayinzoga ni inzangano ze
Siwe nkindi
45.Yo gukenyeza inkera
Ihhii ndahakanye
Sayinzoga ni inzangano ze
Siwe nkindi
45.Yo gukenyeza inkera
Ngo ujye iyo uharare
Ngo wasize umuhozi.
Impundu z'ubu ni impuha
Ni impumbya ni impuha.
50.Ntasabye gakondo kunkosha
Ngo wasize umuhozi.
Impundu z'ubu ni impuha
Ni impumbya ni impuha.
50.Ntasabye gakondo kunkosha
Iyi nganzo
Yenda ingarike
Sinyitura mu rugera
Ahari ejo rwagereka!
55.Sinyitura mu mataga!
Yenda ingarike
Sinyitura mu rugera
Ahari ejo rwagereka!
55.Sinyitura mu mataga!
Amatage n'imitaga
Nta banga
Yewe nta n'ibango
Mbyantaba mu nama
60.Nkabura nuwo kunyunamira.
Nta banga
Yewe nta n'ibango
Mbyantaba mu nama
60.Nkabura nuwo kunyunamira.
Sindi bugiture
Nitangiriye itama
Nubwo ndora udutumbi
Ndataraka nka Nkona
65.Umunsi acisha Munana umutwe,
Nitangiriye itama
Nubwo ndora udutumbi
Ndataraka nka Nkona
65.Umunsi acisha Munana umutwe,
Amuziza ko ari
umutwa
Kandi we ari umutwa
Byongeye w'umutwarasibo.
Munana yacunguye impinga
70.Benewabo bamuhaye impundu
Kandi we ari umutwa
Byongeye w'umutwarasibo.
Munana yacunguye impinga
70.Benewabo bamuhaye impundu
Impinduramatwara
yiyo
izihindura impuha
Apfa ahirita
Atanahembewe ibyo yahiririkaniye
75.Ngo yenda apfe bupfura.
izihindura impuha
Apfa ahirita
Atanahembewe ibyo yahiririkaniye
75.Ngo yenda apfe bupfura.
Sindi bugiture
nk'inkuru
Itaba mbi
Cyangwa ikaba mbarirano
Baba bambonye
80.Bene Mbonera
Itaba mbi
Cyangwa ikaba mbarirano
Baba bambonye
80.Bene Mbonera
Bambamba mukambura.
Ni ngombwa
Ni ngombwa
Bagore b'amagaju
Mwubure ibisabo
85.Mwongere mwicundire
Mwubure ibisabo
85.Mwongere mwicundire
Ubakora ntimukome
Mushake inkanda
Mushyire nzira
Ndabasanga mu Rukari
90.Ubakora ntimukome!
Mushake inkanda
Mushyire nzira
Ndabasanga mu Rukari
90.Ubakora ntimukome!
Mwambare impumbya
Maze mukomeze,
Ndazana umutana
Ndawutereka aho
95.Nzakuramo rya cumu muhozi
Maze mukomeze,
Ndazana umutana
Ndawutereka aho
95.Nzakuramo rya cumu muhozi
Rizagenda
rihorera
Niryahuranya mwamba
Kanagazi azaba aka Makumi
Asigare yambaza Imana z"ahandi
100.Yambare ubucabari aciririke.
Niryahuranya mwamba
Kanagazi azaba aka Makumi
Asigare yambaza Imana z"ahandi
100.Yambare ubucabari aciririke.
Ese umuvubyi yavuye mbahe?
Ko nahoze mbanza urugamba
Kuva mu bugimbi
Ngacyura iminyago
105.Ubwo aho nanjye ndajwa?
None Minyaruko
Uriya wa Nyamikenke
Ko yari umuvubyi
Yamvumira kugahera
110.Neza ngapfa
ntarinze?
Ese nemere karande kanjye
Kazimire burundu
Umutero uvangwe
Uvangavangwe n’umusururu
115.Ingoma nganzo yime rushorera?
Aho naba nasaze
Nemere inganzo
Izime burundu
Izime nka Rukurura
120.Irya y’Igisaka.
Nemere nte itushe
Ryarandemye nkiri umutavu?
Ese nibamburire
mu mbuga
Ntonganye Mutimura
125.Mubaze ibya
shebuja
Kandi nawe ari
umurenzamase
Ese mpindure
indaro
Ndorongotane mumbure
Ko ndambiwe kuba Kinigamazi
130.Kwa Kinigabantu!!!
Ese ntinyuke
nsabe umuceeri
ngo mpe mama asome
ariya macunda
135.yacunzwe n’umuja
wazonzwe n’umujinya
akimika umujogonyoko?
Yemwe bavuzi mwabivumbye
Namwe bavurwa mwarurumbye
Muhindure imbyino
Cyangwa mwicurire inkota
Mwiyice bitarabacanga
Kuko I Mahanga
Saho gukura umudende
Intwari zaratanze,
Zabuze abambarampumbya
Kuko Bene Karenzi
Nabo kwa Gakuba
Impumbya zabo ni impuha
Bahiye kimari.
Nimutikure kare
Mwirindira ubwire
Ubwomanzi bw’abiyo
Busumbya itako kalisimbi
Bisoke ni umutavu.
Impumbya z’impuha
Zampebeje Imana
Zintukisha imandwa
Zizatuma aho bukera
Nzaragura aka Nkoma wa Nkondogoro
Yewe Murindwasazi
Sekuru na bisoke
Abo bagore bawe
Bigize ingare
Bataye inkanda
Bakambara ubwambarabasazi
Ubasure mu bisubiremo
Bitabaye ibyo
Bazifashe ingoyi
Umunsi bagizwe ingoroji
Umunsi ibihunyira
Byatangiye kubacurangira
Bazibuka umuhanano.
Impumbya z’impuha
Zambitse Buhinja Ikamba
Harya mu kwa Semikore
Hafi y’ibiturika
Bararuza ingirwa nkanda
Bayimuhisha hafi y’ukuri
Ngo baramurinda abatengatanda
Bamwe bikwije
Impinga z’impugu zose
Ahubwo ari ukumuroha
Hamwe munyenga
Ngo agereyo yenyegeze
Ngo bamusabe kwikura ikoti
Rimwe ryazananye n’umuziha
Nabyaga atahe nk’uturotse
Inkuru ye
Tubure n’akanunu
Impumbya z’impuha
Zirarana ibyansi
Zikabipfumbata bupfapfa
Kandi amashyo amagana
Y’imbyeyi yararanyije.
Impumbya z’impuha
Zigisha gukama
Intoki zatobye amase
Ntizikoze amazi
Ngo zikiranuke n’isayo.
Numva uwangira
shebuja wa muntu
natangatangira mu
Nkomate
Nkungu na Bihembe
Bitararema inkomati
Mukankuru arebera
Numva uwangira
Shebuja wa muntu
Numva nasiba
Ibikorwa nta
mikoro
Nkagabanya amakoro
Ngahemba Sayinzoga
Imirimo agakira
imiruho
Aho yenda
Yareka kwivuruguta
Mu kuvumba
inkorano
Uwangira Shebuja
w’inganzo
Nahimba ibihwitse
Byuzuye igitsure
Kubambaye impumbya
macuri
Bagacunaguza ibyanzu,ikobyo
n’impakanizi.
Uwangira shebuja
w’Imanza
Nakwimura Semanza
Ngahana bariya
Bahinza
Ngaca urubanza rubanguka
Aho gutinda mu gatobero.
Uwampa aho ndaguza
Nifatiye impinga
Nkabona neza
Impamvu Mukaruyumbu
Na ba bagore bose
B’ibishongore
Ari nta mumaro
Bambaye impumbya z’impuha
Bahora bahiririkanira
Urwango rwinshi
Ngo bazabone urwunguko
Muri bene ingo zabo
Batabariye urwabo.
Impuruza zihamagara impumyi
Izo zizabura impundu
Nyir’indamutsa ndabarahiye.
Yemwe
bahongwamariza
Iri sanzure ni
indyarya
Ryakubeshya indeshyo
Ukavaho ureka
ibigukuza
Ugasanga ibigukenkeza
Uruhu rw’ihene
Ntunambarire impumbya
Abakuvugirije induru
Ukaba nkaya ngata
imennye
Itarabaye ingata
Ntibe n’urukoma
Impumbya zawe
Zikitwa impuha
Nkazambyaro za
Mukakarangwa.
UMUSIZI TUYISENGE OLIVIER.
No comments:
Post a Comment